Thursday, 12 June 2014

Rotary Club ya Fulton muri Amerika yasuye iya Kibungo Mont Gisaka

Urugwiro rwinshi, akanyamuneza n’ibyishimo nibyo byaranze umugoroba wa kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Kamena ku bagize Rotary Club ya “Kibungo  Mont Gisaka” yo mu Karere ka Ngoma ubwo yakiraga abashyitsi b’inshuti baturutse muri Rotary Club yo mu Mujyi wa Fulton ho muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Iri tsinda ry’abashyitsi bo muri iyi Rotary Club ya Fulton, imaze imyaka irenga 60 ishinzwe, ryari rigizwe n’abantu icumi biganjemo abasore n’inkumi barangije amasomo muri Kaminuza yitwa Westminster College, ho muri Leta ya Utah muri Amerika. Bari barangajwe imbere n’uwitwa Dr Bob Hansen, washinze umuryango utegamiye kuri Leta witwa Humanity for Children ukorera mu bihugu bya Afurika y’i Burasirazuba birimo Tanzaniya, Kenya, Uganda n’u Rwanda.

Baje gusura Rotary Club ya Kibungo Mont Gisaka yo mu Karere ka Ngoma ho mu Ntara y’u Burasirazuba bw’u Rwanda mu kurushaho gushimangira ubumwe n’ubufatanye izi Rotary zombi zifitanye.

Mu byishimo byinshi, Pastor Mahoro Ernest, umuyobozi wa Rotary Club ya Kibungo Mont Gisaka yashimangiye ko kuvuka kw’iyi Rotary Club ayobora kwashingiye ahanini ku kuba yarakoreye ingendo muri Let Zunze Ubumwe z’Amerika akakirwa na Rotary Club ya Fulton akahakura igitekerezo cyo kuzana umuryango nk’uyu mu Karere akomokamo ka Ngoma.


Abasore n'inkumi baturutse muri Amerika biganjemo abiga muri Westminster College yo muri Leta ya Utah

Mu buhamya urubyiruko rwazananye na Dr Bob rwatanze rwavuze ko rwajyaga rusoma u Rwanda mu mateka rukagira amatsiko menshi yo kuzakandagira ku butaka bwarwo. Umwe muri bo yavuze ati “U Rwanda twasanze ari igihugu cy’icyitegerezo ku muntu wese kuko ubona neza urugero rw’abantu bafite icyerekezo barimo baganaho.” Undi w’imyaka w’imyaka 22 we yavuze ko yabonye Abanyarwanda nk’abantu bahorana urugwiro ku babagana.

Muri uku kwakirana, abagize Rotary zombi basangiye ibyo kunywa n’ibyo kurya birimo “igitoki” gifatwa nk’umwihariko n’umwimerere wo mu gace kitwa “Igisaka” izina rya kera ryitwaga igice kinini cy’Akarere ka Ngoma.

Muri Werurwe uyu mwaka, abagize Rotary Club ya Fulton baheruka guha inkunga y’amatara akoresha imirasire y’izuba iyi Rotary ya Gisaka nayo iyishyikiriza abanyeshuri bo mu  murenge wa Gashanda ho muri aka Karere.

Rotary Club Kibungo Mont Gisaka ni imwe muri za Rotary nshya ziheruka kwemerwa ku isi. Yatangijwe kuwa 27 Ugushyingo 2013. Igizwe n’abantu 30 biganjemo abakomoka muri aka karere barimo umuyobozi wako Nambaje Aphrodis, abakozi ba Leta mu nzego zinyuranye, abanyamadini, abarezi, abacuruzi, ba rwiyemezamirimo n’abandi.

Tariki ya 12 Nyakanga 2014, mu Karere ka Ngoma, iyi Rotary Club ya Kibungo Mont Gisaka izakora ibirori byo kwambika abanyamuryango bayo imidari ibemerere kwinjira ku mugaragara mu ruhando rw’abagize umuryango wa Rotary Club ku Isi.


Dr Bob yahaye abagize Rotary Club ya Gisaka ikirango cya Rotary Club ya Fulton nk'ikimenyetso cy'ubufatanye

Mu Rwanda, iyi Rotary Club ya Kibungo Mont Gisaka ije yiyongera ku zisanzwe mu Rwanda zirimo Mont Jali, Kigari Virunga, Club Doyen, Rotary Club Kigali Gasabo na Rotary Club Butare.

Rotary Club cyangwa se Rotary International ni imiryango imenyerewe kandi iba hirya no hino ku Isi ; aho abayigize bambara umudari usa ubaranga aho bari hose kandi bakagira inshingano zo gufashanya aho bahuriye hose ku isi.


Ku isi yose hari Rotary Club zigera ku 34,282 izi zikaba abarotariye barenga miliyoni 1.2.

Buri wa Gatatu wa buri cyumweru, abagize Rotary Club ya Kibungo Mont Gisaka bahurira ahitwa Holiday Hotel (Kwa Mahera) baganira kuri gahunda n’ibikorwa bya kimuntu bakora mu Karere ka Ngoma hagamijwe iterambere rirambye ryako n’abahatuye.


No comments:

Post a Comment